Kamonyi-Runda/Muganza: Haravugwa urupfu rw’umugabo bikekwako yishwe n’umugore we

Ni amakuru yamenyekanye mu ijoro ryacyeye ahagana ku I saa tanu tariki 04 Kanama 2020, ko mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Muganza, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi hari umugore ukekwaho kwica umugabo we bari bafitanye umwana umwe w’umuhungu. Ukekwa yamaze gutabwa muri yombi, ari mu maboko ya RIB/Runda.

Umugabo witwa Bwanacyeye Alexis w’imyaka 34 y’amavuko, uvuka mu karere ka Huye niwe bikekwa ko yishwe n’umugore we witwa Isezerano Sarah w’imyaka 26 y’amavuko, uvuka mu karere ka Karongi.

Ubwo ubuyobozi bwageraga muri uru rugo buhurujwe n’abaturage basanze nyakwigendera yaviriranye amaraso, amwuzuye mu maso no mu ijosi.

Kugeza mu masaha y’i saa tatu z’uyu wa 05 Kanama 2020 urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwari rwamaze kugera ahabereye ubu bugizi bwa nabi, aho iperereza ryatangiye ndetse n’umurambo wa Nyakwigendera ukaba wari ugihari, nkuko umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka kagari ka Muganza yabitangarije intyoza.com

Uwizeye Vestine, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Muganza yabwiye umunyamakuru ko uru uyu nyakwigendera Bwanacyeye Alexis hamwe na Isezerano Sarah bari bafitanye umwana umwe w’umuhungu. Avuga kandi ko ari urugo rwajyaga rugirana amakimbirane rimwe na rimwe.

Icyakoreshejwe mu kwica nyakwigendera ntabwo kiramenyekana, ndetse ntabwo biremezwa n’inzego zibifitiye ububasha ko uyu Mugore we Sarah ariwe wamwishe, birakekwa ndetse iperereza riri gukorwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →