Abapolisi 4 bafashwe amashusho bakubita umugore uhagarariye abaturage muri Kenya

Nyuma y’amashusho yafashwe kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020, agakwirakwizwa agaragaza abapolisi 4 ba Kenya bahohotera umugore, ubwo bamukubitaga atabarwanije, Igipolisi kivuga ko hatangiye iperereza kuri ayo mashusho agaragaza ikubitwa ry’umugore uhagarariye abaturage ku rwego rw’ubutegetsi bw’umurwa mukuru Nairobi.

Polisi yoherejwe ku nteko y’intara ya Nairobi gutatanya intumwa za rubanda/Abadepite barimo bagerageza kweguza ubakuriye, mu gikorwa cyarimo akaduruvayo nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Habayeho uguhangana hagati y’aba badepite n’abapolisi, nyuma aba bapolisi bane bafotowe bakubita Patricia Mutheu uri mu bahagarariye abaturage muri iyo nteko ya Nairobi.

Urwego rureberera polisi ya Kenya rwatangaje ko “rwavuganye na bamwe mu bantu bari aho ibi byabereye”. Ntiharamenyekana ibyabanjirije gukubita uyu mugore, ababikoze ntibarumvwa.

Gukubita uyu mugore byanenzwe n’abantu benshi muri Kenya ku mbuga nkoranyambaga, bamagana urugomo rw’abapolisi ku baturage.

Itangazo rya ruriya rwego rureberera polisi rivuga ko “iperereza ry’ibanze riri kureba uruhare rwa bariya bapolisi bari boherejwe kuri iyi nyubako ya leta”.

Ishami rya Amnesty International rikorera mu gihugu cya, nkuko BBC ibitangaza, ryasabye ko aba bapolisi bakubise uwo mugore bakurikiranwa.

Madamu Patricia Mutheu yumvikanye abwira ibitangazamakuru muri Kenya ko yababajwe no gukubitwa n’abapolisi barimo umukuru wabo, bamusanze aho akorera kandi atabarwanyije.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →